Inkuru nziza kuri AFC/M23 nyuma yo kwisubiza ibirindiro bikomeye i Masisi, FARDC na Wazalendo bakizwa n’amaguru

 

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Gicurasi, zigaranzuye ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zisubiza uduce dutandukanye two muri Teritwari ya Masisi.

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Congo yemeza ko AFC/M23 u Rwanda rushinjwa gushyigikira yisubije uduce turenga 10 two muri Teritwari ya Masisi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ni uduce turimo Gasenyi, Bukinanyana, Bushiha, Bukumbiriri, Nkokwe, Runigi, Karunga, Nyakigano, Miruta, Musheberi na Kavuta.

Mu cyumweru gishize ni bwo AFC/M23 yari yambuwe na FARDC ifatanyije n’abarimo FDLR na Wazalendo utwinshi muri turiya duce, ndetse iri huriro risatira agace k’ingenzi ka Rubaya gakungahaye ku birombe by’amabuye y’agaciro.

Amakuru atandukanye yemeza ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ari bwo AFC/M23 yisubije turiya duce, nyuma y’imirwano ikomeye yayihuje n’ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Kinshasa, aho bivugwa ko FARDC na Wazalendo basubijwe inyuma mu buryo bukomeye.