Tshisekedi yongeye kubona icyizere cyo kwiyamamariza manda ya gatatu nyuma y’icyemezo cy’Urukiko

Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwemeje itegeko rigena uburyo bwo gutegura amatora ya kamarampaka agamije guhindura Itegeko Nshinga, icyemezo gishobora gufungura inzira yo kongera kwiyamamaza kwa Perezida Félix Tshisekedi mu 2028.

Iki cyemezo cyitezweho gutanga amahirwe yo guhindura zimwe mu ngingo z’Itegeko Nshinga, ibintu bishobora gutuma Tshisekedi yongera kwiyamamariza kuyobora RDC nyuma yo gusoza manda ye ya kabiri.

Iki cyemezo cyatangajwe na Perezida w’Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga, Dieudonné Kamuleta Badibanga, ku wa 28 Nyakanga 2026, avuga ko itegeko rigena kamarampaka rihuje n’Itegeko Nshinga kandi rikurikiza amahame arigenga.

Perezida Tshisekedi amaze ku butegetsi kuva mu 2019. Itegeko Nshinga risanzwe rya RDC riteganya ko Umukuru w’Igihugu ayobora manda ebyiri gusa, nyuma agasimburwa n’undi Munye-Congo.

Itegeko rya kamarampaka ryari ryamaze kwemezwa n’imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko, rigamije gushyiraho uburyo bwo guhindura zimwe mu ngingo z’Itegeko Nshinga.

Urukiko rwemeje ko Perezida wa Repubulika ashobora gutangiza inzira yo guhindura Itegeko Nshinga binyuze mu Nteko yihariye, hanyuma hakazakurikiraho amatora ya kamarampaka.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, barimo Martin Fayulu, Jean-Marc Kabund, Moïse Katumbi na Delly Sesanga, bakomeje kwamagana iyi gahunda, bavuga ko igamije gufasha Perezida Tshisekedi kubona uburyo bwo kwiyamamariza manda ya gatatu.

Aba banyapolitiki bari barateguye imyigaragambyo yo kwamagana ihindurwa ry’Itegeko Nshinga, ariko baza kuyisubika nyuma y’uko ubutegetsi bwa Tshisekedi butangaje ko bugiye gutegura ibiganiro bidaheza bigamije guhuza Abanye-Congo.

Mu ntangiriro za Gicurasi 2026, Perezida Tshisekedi yavuze ko atigeze asaba manda ya gatatu. Icyakora, yagaragaje ko naramuka asabwe n’abaturage kuyobora indi manda, yabitekerezaho. Yanavuze kandi ko igihe umwaka wa 2028 wazagera intambara yo mu burasirazuba bwa RDC itararangira, amatora atashobora kuba.