Tshopo: Umushoferi wa taxi arasiwe mu ishyamba azira amafaranga y’urugendo, umusirikare umwe atabwa muri yombi

 

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 3 Gicurasi, mu Ntara ya Tshopo habereye ubwicanyi bwateye ubwoba, aho abasirikare babiri bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bishe umushoferi wa taxi nyuma yo kutumvikana ku mafaranga y’urugendo.

Ibi byabereye mu ishyamba riri hafi ya Parezi, umudugudu uherereye nko ku birometero 148 uvuye i Kisangani, mu gace ka Ubundu. Nyakwigendera witwaga Sadam Django, wari ufite imyaka 26, yasanzwe yapfuye afite ibikomere by’amasasu mu gatuza.

Amakuru dukesha mugenzi we utwara taxi, wagize uruhare mu kugarura umurambo i Kisangani, avuga ko abo basirikare batigeze batwara moto cyangwa telefoni bya nyakwigendera, bigaragaza ko icyabaye cyaturutse ku makimbirane yo kutishyura urugendo.

Biravugwa ko ku wa Gatandatu ari bwo Sadam yari yavuye i Kisangani ajya aho yiciwe. Mbere gato y’uko araswa, yari amaze guterana amagambo n’abakiriya be babiri, bagaragaje ko batiteguye kwishyura amafaranga bumvikanye.

Abaturage bo muri ako gace bahise bihutira gutabara, batuma umwe muri abo basirikare afatwa ajyanwa mu maboko y’inzego z’umutekano, nk’uko bigaragara no mu mashusho yafashwe n’umwe mu bashoferi bagenzi ba nyakwigendera.

Ibi byabaye byongeye kugaragaza ikibazo cy’umutekano mucye n’imikorere idahwitse ya bamwe mu bari mu nzego z’umutekano, bikomeje guteza impungenge abaturage bo muri ako karere.