Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ryagabye igitero gikomeye mu gace ka Lumbishi, gaherereye muri Teritwari ya Kalehe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ibi byabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Gicurasi 2026, aho bivugwa ko icyo gitero cyibasiye ahantu hatuwe n’abaturage benshi, kikaba cyarakoreshejweho indege zitagira abapilote (drone) zo mu bwoko bwa CH-4.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rubuga rwa X, yavuze ko iki gitero cyari gifite ubukana bukomeye.
Yagize ati: “Kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Gicurasi, ingabo zihuje z’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye igitero gikomeye mu gace ka Lumbishi no mu nkengero zako, ahatuwe n’abaturage benshi muri Kalehe.”
Yakomeje agira ati: “Iki gitero cyagabwe hakoreshejwe drone y’intambara yo mu bwoko bwa CH-4, cyangije byinshi gituma abaturage benshi b’abasivile kuva mu byabo.”
Nyuma y’iki gitero, AFC/M23 yamenyesheje abaturage ko iri ku ruhande rwabo, ibizeza ko izakora ibishoboka byose ikabarinda ndetse ikanabarwanaho.
Iki gitero cyagabwe ahagana saa cyenda n’iminota 45 z’igicamunsi (15:45), kikaba cyakurikiye imirwano yari imaze amasaha hagati ya AFC/M23 n’ingabo za Leta.
Amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyepfo avuga ko iyo mirwano yahagaritse urujya n’uruza hagati y’uduce twa Minova na Numbi, bigateza ihungabana ry’imibereho y’abaturage n’ubuhahirane.
Kugeza ubu, uruhande rwa Leta ya Congo ntiruragira icyo rutangaza kuri aya makuru, mu gihe umutekano muri aka gace ukomeje kuba muke n’ubwoba ari bwinshi mu baturage bahatuye.
