Urugamba rukomeje gukaza umurego mu bice bya Teritwari ya Masisi, aho amakuru ava muri ako gace avuga ko imirwano ihanganishije umutwe wa AFC/M23 n’imitwe ya Wazalendo yongeye kubura mu gace ka Burora, muri Lokalite ya Loashi.
Amakuru atangwa n’isoko rya Rwanda Tribune rikorera muri Loashi avuga ko umutekano wakomeje kuzamba nyuma y’imirwano yadutse hagati y’impande zombi, mu gihe AFC/M23 ikomeje kwagurira ibikorwa byayo muri ako karere.
Abatangabuhamya bavuga ko kuva mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu, tariki ya 30 Gicurasi 2026, humvikanye urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje mu bice bya Burora, aho abarwanyi ba Wazalendo bahanganye n’ingabo za AFC/M23.
Umuvugizi wa Sosiyete Sivile muri ako gace yabwiye umunyamakuru uri i Goma ko iyi mirwano yatangiye nyuma y’ibitero bivugwa ko byagabwe n’abarwanyi ba Wazalendo ku birindiro bya AFC/M23 biri ku muhanda uhuza Loashi na Burora. Yavuze ko urusaku rw’amasasu rwatangiye kumvikana ahagana saa yine z’ijoro (22h00), ibintu byateye ubwoba n’igihunga gikomeye mu baturage.
Iyi mirwano yagize ingaruka zikomeye ku buzima bw’abaturage, aho ingendo zahise zihagarara ku mihanda ihuza Masisi Centre na Nyabiondo, ndetse no mu bice bya Bukombo na Kisima. Abaturage benshi bakomeje guhunga berekeza mu gace ka Nyabiondo bashaka umutekano.
Kugeza ubu, umubare w’abamaze gukomereka cyangwa ababa bahitanywe n’iyi mirwano nturamenyekana.
