AFC/M23 yagiranye amasezerano na CICR, icyizere ku basirikare bafashwe kirazamuka

 

Umutwe wa AFC/M23 wagiranye amasezerano na Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (CICR), agamije gutanga abasirikare bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bari mu maboko yawo, ibintu byazamuye icyizere ku miryango yabo no ku bakurikiranira hafi ibibera mu Burasirazuba bwa RDC.

Aya masezerano yashyizweho umukono hagati y’itariki ya 11 n’iya 12 Mata 2026, ateganya ko abo basirikare bazabanza gushyikirizwa CICR mbere yo koherezwa kuri Guverinoma ya Kinshasa.

Amakuru yatangajwe na RFI avuga ko abasirikare bari hagati ya 2,000 na 3,000 ari bo barebwav n’ayo masezerano, ibintu bifatwa nk’intambwe ikomeye mu rwego rw’ubutabazi.

Bamwe muri abo basirikare, cyane cyane urubyiruko rutarageza ku myaka y’ubukure, bivugwa ko bamaze gushyikirizwa CICR kugira ngo ibageze ku buyobozi bwa Kinshasa.

Gusa nubwo hari icyizere cyazamutse, haracyari imbogamizi zirimo ibikoresho bikenewe mu kubatwara no kubacumbikira, ndetse no kuba Leta ya RDC itaragaragaza ubushake busesuye bwo kubakira bose icyarimwe.

Amakuru ava mu nzego za Leta ya Congo avuga ko mbere yo kubakira, Kinshasa ishaka kubanza kugenzura imyirondoro yabo no kumenya abo ari bo byuzuye.

Ibi bibaye mu gihe ibiganiro bikomeje kubera i Montreux mu Busuwisi, aho impande zitandukanye zitezweho gutera intambwe ishobora gufasha mu gushaka amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC.