“Ntituzakomeza kwihangana”: AFC/M23 yaciye amarenga yo kwisubiraho ku gahenge yari yarafashe

 

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko rishobora guhagarika ibyo ryise “korohera” Leta ya RDC, rivuga ko ridashobora gukomeza kubahiriza agahenge mu gihe urundi ruhande rukomeje ibikorwa by’intambara umunsi ku wundi.

Ubu butumwa bwatangajwe n’Umuyobozi wungirije wa AFC/M23 ushinzwe politiki, dipolomasi n’imiyoborere, Bertrand Bisimwa, mu gihe imirwano n’ibitero bikomeje kuvugwa mu bice bitandukanye bya Komini Minembwe.

Nk’uko AFC/M23 ibivuga, ingabo za Leta ya RDC zagabye ibitero hifashishijwe drones zirimo KT-6, indege z’intambara za Sukhoi-25 ndetse n’ingabo zirwanira ku butaka, zibasira ibice bituwe cyane birimo Kalingi, Gakenke, Bidegu na Rugezi kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa 14 Gicurasi 2026.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze kandi ko drones z’ingabo za Leta ya RDC zo mu bwoko bwa CH-4 zagaragaye mu kirere cya teritwari za Masisi, Rutshuru na Kalehe, ibintu yavuze ko byagaragazaga umugambi wo kugaba ibindi bitero.

Bertrand Bisimwa yavuze ko ibikorwa bya gisirikare biri kubera muri Minembwe bigamije “kurimbura ikinyabuzima cyose gihari”, ashimangira ko abaturage benshi bamaze iminsi mu bwoba no guhunga batazi aho berekeza.

Yongeyeho ko ibi bitero bikomeje gutesha agaciro ibyemezo AFC/M23 yari imaze iminsi ifata mu rwego rwo gushyigikira ibiganiro by’amahoro, ariko ko abahuza n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga bakomeje kurebera ntibagire icyo bakora.

Yagize ati: “Ntibyumvikana ukuntu abahuza n’abatanga ubufasha mu biganiro bakomeje guceceka mu gihe Kinshasa ikomeje ubushotoranyi. AFC/M23 ntiyashobora kubahiriza amasezerano yonyine mu gihe urundi ruhande rutayubahiriza.”

Bisimwa yavuze ko kuba Leta ya RDC ikomeje ibikorwa bya gisirikare bifitanye isano n’uko hari bamwe mu bahuza bafashe umurongo wo kubogama, ibintu avuga ko bishobora gutuma AFC/M23 ifata indi myanzuro niba ubu bushotoranyi bukomeje.

Mu rwego rwo kugaragaza kutishimira imyitwarire y’ibihugu bimwe bikomeye, tariki ya 7 Gicurasi 2026, Umuyobozi Mukuru wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yandikiye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, Marco Rubio, agaragaza ko iri huriro ribona Amerika nk’iri kubogamira ku ruhande rwa Leta ya RDC kandi ivuga ko ishaka amahoro mu karere.

Nangaa yavuze kandi ko amasezerano y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Amerika yagiranye na RDC mu Ukuboza 2025 ari kimwe mu byo ubutegetsi bwa Kinshasa bwifashisha kugira ngo bukomeze kubona ubufasha n’ubwirinzi mpuzamahanga mu gihe bukomeje ibikorwa bya gisirikare.