Musenyeri wari umaze amezi make ahawe inshingano zikomeye yishwe arasiwe iwe

Mu gihugu cya Mozambique humvikanye inkuru iteye agahinda aho Musenyeri Osório Citora Afonso, wa Diyosezi ya Quelimane, yasanzwe yapfuye mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, tariki ya 6 Kamena, aho yari atuye mu nzu y’abepisikopi i Quelimane. Uyu mwepiskopi yari yararashwe isasu rimwe mu gatuza.

Umwe mu bagize ikigo cy’abamisiyonari ba Consolata, Musenyeri Citora yari umunyamabanga w’Inama y’Abepiskopi ba Mozambique, akaba n’Umwepiskopi wa Quelimane kuva muri Kanama 2025. Kuva muri Mata uyu mwaka kandi, yari yarashyizweho na Papa Leo XIV nk’umuyobozi w’agateganyo wa Arikidiyosezi ya Beira.

Inkuru dukesha RFI ivuga ko ubu bwicanyi bwakozwe n’abagabo bataramenyekana bakoresheje imbunda yo mu bwoko bwa AKM, ikunze gukoreshwa mu bitero byitwaje intwaro.

Umuvugizi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza ku Byaha (SERNIC), Maximino Amílcar, yatangaje ko iperereza ku rupfu rwa Musenyeri wa Diyosezi ya Quelimane rikomeje, nk’uko byatangajwe n’umunyamakuru wa RFI mu ishami ry’Igiporutugali, Orfeu Lisboa.

Maximino Amílcar yavuze ati: “Twamenyeshejwe icyo cyaha mu gitondo cya kare. Umubiri utarimo ubuzima wabonetse aho yari atuye. Isasu ryamukubise mu gatuza, ahari mu mutima. Ibi ni byo twashoboye kumenya mu iperereza ry’ibanze ryakorewe aho byabereye.”

SERNIC yavuze kandi ko abagabye icyo gitero barenze uruzitiro rw’igipangu kugira ngo bagere aho musenyeri yari atuye.

Yagize iti: “Bangije uruzitiro rw’amashanyarazi. Igitangaje ni uko tutaramenya niba rwakoraga, ariko tuzi ko rwari rumaze amezi abiri rudakora. Ibi byaborohereje, kandi byerekana ko bari basanzwe bazi ko urwo ruzitiro rumaze amezi abiri rudakora.”

Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, yatangaje ko yatewe akababaro n’agahinda gakomeye n’urupfu rwa Musenyeri Osório Citora Afonso, avuga ko ari igihombo gikomeye kuri sosiyete ya Mozambique muri rusange ndetse no ku muryango w’abakristu by’umwihariko.