Byari byaracecetse umwaka wose! Tshiwewe na ba Jenerali bagenzi be bagiye kwitaba urukiko

Abasirikare bakuru bo mu Ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bayobowe na Gen. Christian Tshiwewe wahoze ari Umugaba Mukuru w’izo ngabo, bagiye gutangira kuburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ku byaha bikomeye bashinjwa.

Biteganyijwe ko ku wa Kane tariki ya 5 Kamena 2026 ari bwo aba basirikare bazagezwa imbere y’ubutabera, nyuma y’umwaka urenga abenshi muri bo bafunzwe kandi iperereza rikaba ryarakomeje ku birego bibaregwa.

Uretse Gen. Christian Tshiwewe, abandi bazitaba urukiko ni Gen. John Numbi, Maurice Nyembo Kufi, Chinyabooma Kamukinde, John Ngoy wa Kabila na John Sangwa Muhemedi.

Aba bose bashinjwa ibyaha bikomeye birimo gucura umugambi wo guhungabanya umutekano w’igihugu, gukwirakwiza ibihuha, gushyigikira ibikorwa by’iterabwoba, kugambanira igihugu, kutubahiriza amabwiriza ya gisirikare, guhunga igihugu mu buryo butemewe, gutunga intwaro n’amasasu binyuranyije n’amategeko, ndetse no gushishikariza abasirikare kwitandukanya n’inshingano zabo.

Ibi birego bifatwa nk’ibikomeye cyane mu rwego rwa politiki n’umutekano wa RDC, cyane ko abaregwa ari abantu bagize uruhare rukomeye mu gisirikare no mu nzego zitandukanye z’ubutegetsi bw’icyo gihugu.

Kugeza ubu, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ntiruratangaza gahunda irambuye y’imigendekere y’uru rubanza. Gusa biteganyijwe ko ruzakurikirwa n’abatari bake, bitewe n’uburemere bw’abaregwa ndetse n’ibirego bikomeye bashinjwa.