“Tshisekedi yongeye kujya ku gitutu: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bateguye imyigaragambyo yo kumusaba kwegura”

Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahuriye mu ihuriro C64 batangaje imyigaragambyo izabera mu gihugu hose igamije gusaba Perezida Félix Tshisekedi kwegura.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC baheruka gukora imyigaragambyo ku wa 12 Kamena 2026, ubwo bamaganaga itegeko ryemera referandumu muri RDC, bavuga ko riganisha ku guha Tshisekedi uburenganzira bwo kwiyamamariza manda ya gatatu.

Nk’uko byatangajwe na Actualite.cd, nyuma y’inama yo gusuzuma ibyabaye ku wa 12 Kamena, ihuriro C64 ryatangaje ko rizategura imyigaragambyo rusange izabera mu gihugu hose ku wa 8 Nyakanga 2026.

Abazigaragambiriza mu murwa mukuru, Kinshasa, biteganyijwe ko bazerekeza ku biro by’Umukuru w’Igihugu. Bazaba basaba Perezida Félix Tshisekedi kwegura, kuko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamushinja kugambanira igihugu no kutubahiriza Itegeko Nshinga.

Imyigaragambyo iheruka yabaye ku wa 12 Kamena yakomerekeyemo abantu benshi, barimo umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Martin Fayulu.