“Ntayo Bafashe”: AFC/M23 yahakanye ibyatangajwe na FARDC ku ifatwa rya Minembwe

Umutwe wa AFC/M23 wanyomoje amakuru yatangajwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kivuga ko cyigaruriye Centre ya Minembwe iherereye mu misozi miremire ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ku wa Gatatu, tariki ya 17 Kamena, ni bwo ingabo za FARDC, zinyuze kuri Lt. Reagan Mbuyi Kalonji, uvugira ibikorwa bya gisirikare muri Kivu y’Amajyepfo, zatangaje ko zafashe Minembwe nyuma yo kuhirukanamo abarwanyi ba Twirwaneho na AFC/M23.

AFC/M23, ibinyujije ku muhuzabikorwa wayo wungirije ushinzwe ubukungu n’imari, Dr. Freddy Kaniki, yatangaje kuri uyu wa Kane ko Minembwe itigeze ifatwa n’ingabo za Leta.

Yagize ati: “Ku by’uko baba barafashe Minembwe, ntekereza ko bifuza ko bakabaye bayifashe. Ntayo bafashe kandi ntibazigera bayifata.”

Dr. Kaniki yavuze ko ibiri kubera muri Minembwe bigaragaza ko Guverinoma ya Kinshasa iri kurwanya abaturage bayo.

Yasobanuye ko imirwano ibera muri aka gace itandukanye n’iyibera mu bindi bice bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho akenshi usanga ishingiye ku nyungu z’amabuye y’agaciro.

Yagize ati: “Impamvu yonyine hariya hari imirwano ni ukubera ko hari abaturage bahatuye badashakwa, batifuzwa ndetse bagomba gusibwa ku ikarita.”

Kaniki yongeyeho ko amakimbirane yo muri Minembwe atari aya none, ahubwo ashingiye ku mateka y’igihe kirekire, aho yavuze ko Abanyamulenge bambuwe ubwenegihugu mu bihe byashize.

Yakomeje avuga ko ibiri kubera muri Minembwe ari ugushyira mu bikorwa umugambi wa Leta ya Kinshasa wo kurimbura Abanyamulenge.

Icyakora, yashimangiye ko Abanyamulenge batazaceceka cyangwa ngo bemere kwicwa “nk’intama zijyanwa mu bagiro.”

Ni mu gihe igisirikare cya FARDC gikomeje gushimangira ko cyigaruriye Minembwe, ibintu AFC/M23 ihakana yivuye inyuma, mu gihe amakuru yigenga ava muri ako gace akomeje kuba make kubera umutekano muke n’imirwano ikomeje kuhabera.