Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zatangaje ko zongeye kugenzura agace ka Mikenke kari mu misozi miremire ya Minembwe, nyuma y’iminsi ibiri gusa kari kagenzurwa n’umutwe wa Twirwaneho.
Aya makuru yatangajwe n’Umuvugizi wa FARDC ushinzwe ibikorwa bya gisirikare mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, Lt. Reagan Mbuyi Kalonji, wavuze ko Mikenke yongeye kwisubizwa nyuma y’igitero cyateguwe n’ingabo za Leta kigamije kugarura aka gace k’ingenzi.
Nk’uko yabisobanuye, FARDC yari yabanje gusubira inyuma yerekeza i Kishirita mu rwego rwo kurinda abaturage ingaruka z’imirwano n’ibitero byakoreshwagamo indege zitagira abapilote (drone).
Ati: “Twari twasubiye inyuma tugana i Kishirita kugira ngo turinde abaturage kugwa mu mirwano. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu twagabye igitero cyo kwisubiza inyuma, bituma twongera gufata Mikenke, agace k’ingenzi gafatwa nk’irembo ryinjira muri Minembwe rwagati.”
Lt. Kalonji yavuze kandi ko abaturage batuye muri aka gace bakiriye neza isubiranwa rya Mikenke. Yashinje abarwanyi ba AFC/M23-Twirwaneho ibikorwa by’ihohoterwa byakorewe abasivili mu gihe bari bakigenzura.
Yakomeje avuga ko FARDC yanongeye kwigarurira utundi duce twa Kalingi na Kakenke twari twafashwe ku wa Kabiri, mu gihe ibikorwa bya gisirikare bikomeje no mu bindi bice byo mu misozi miremire ya Minembwe.
Ibi FARDC yabitangaje nyuma y’uko ku wa 9 Kamena 2026 amakuru atandukanye yavugaga ko abarwanyi ba Twirwaneho bari bigaruriye Mikenke nyuma y’imirwano yabahanganishije na FARDC, Wazalendo ndetse n’ingabo z’u Burundi.
Mikenke ifatwa nk’agace k’ingenzi kubera umwanya ifite mu rwego rwa gisirikare n’uburyo ari inzira yifashishwa mu kugera muri Minembwe rwagati, ibintu bituma ihora iri mu duce duhatanirwa n’impande zihanganye muri aka karere.
