Indege ya gisivile yari iturutse i Bukavu ijyanye mu Minembwe imfashanyo zirimo ibyo kurya n’imiti, yarashwe n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Umuvugizi w’Ingabo z’umutwe wa Twirwaneho zigenzura Minembwe, Col. Rugabo Fidèle, yabwiye BWIZA ko iyo ndege yarasiwe mu kirere mbere yo guhanuka igashya igakongoka.
Rugabo yavuze kandi ko iyo ndege yari itwaye imizigo n’abaturage bake, nubwo kugeza ubu nta makuru arambuye ku bantu bari bayirimo aramenyekana.
Ati: “Indege bayirashe ikiri mu kirere, yahise igwa hasi irashya irarangira. Ntabwo turahabwa amakuru arambuye ngo twohereze urutonde rw’abantu bari bayirimo, icyo tuzi ni uko harimo imizigo, ariko ahari ntiyaburamo n’abaturage bakeya bari baje muri Minembwe.”
Iyo ndege yarashwe na misile irasirwa ku butaka, ahitwa Bikuba.
Yarashwe mu gihe mu bice bikikije Minembwe hari haramutse imirwano kuri uyu wa Kane, tariki ya 27 Kanama 2026.
Rugabo yemereye BWIZA ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa zaturutse kwa Mulima, zaramutse zigaba ibitero mu duce turimo Point-Zéro, Nyaruhinga na Mukoko, mu mugambi wo kugerageza kwisubiza ibice zambuwe n’ihuriro ry’ingabo za AFC/M23 na Twirwaneho.
Kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru, imirwano hagati y’impande zombi yari igikomeje. Twirwaneho na AFC/M23 bavuga ko bizeye kwirukana ingabo za Leta muri ibyo bice.
Iri huriro ryamaganye ubushotoranyi bw’ingabo za Leta, rivuga ko zikomeje kurasa mu bice byiganjemo ibituwe n’abaturage benshi, nyuma y’amasaha make intumwa z’urwego rwa MCVE+ rushinzwe gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge zivuye muri Minembwe.
