Abaturage baguweho n’ibisasu i Minembwe, amazu menshi ahinduka amatongo

 

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Kamena 2026, ku isaha ya saa 10:30 z’igitondo no ku isaha ya saa 14:45 z’amanywa, ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa ryagabye ibitero bya bombe muri santere ya Minembwe rikoresheje indege z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoi-25.

Amakuru yatangajwe avuga ko abantu benshi bahitanywe n’ibi bitero, mu gihe amazu menshi yangiritse ndetse amwe agasenyuka burundu.

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko hari imiryango myinshi yasizwe iheruheru nyuma yo gusenyerwa n’ibi bisasu, bamwe bakabura aho baba.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ibiri kubera muri Minembwe bidakwiye gukomeza kureberwa.

Yagize ati: “Imbere y’ibi byago, nta muntu ushobora gukomeza guceceka cyangwa guhagarara ngo arebere mu gihe abenegihugu bacu bicwa bose babireba.”

Iryo tangazo rikomeza rivuga ko guceceka no kudafata ingamba ku bikorwa nk’ibi bituma bikomeza kwisubiramo, bikanongera imibabaro abaturage b’inzirakarengane bakomeje guhura na yo.

AFC/M23 ivuga ko ibi bitero byasize abaturage benshi mu gahinda no mu bwoba, isaba ko habaho igikorwa cyihuse cyo kurengera abasivili bakomeje kugerwaho n’ingaruka z’imirwano ikomeje kubera muri aka gace.