Abantu 12 bakize Ebola muri RDC, ariko abarwayi 283 baracyari mu maboko y’abaganga

 

Abayobozi mu nzego z’ubuvuzi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) batangaje ko abantu 12 bakize ubwoko bushya bwa Ebola buzwi nka Bundibugyo, mu gihe abarwayi 283 bagikurikiranwa n’abaganga mu turere 25 tw’ubuvuzi two mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo na Ituri.

Aya makuru atangajwe mu gihe ibikorwa byo kurwanya iki cyorezo bigeze mu cyumweru cya kane kuva cyatangazwa ku mugaragaro.

Ibizamini bya laboratwari byagaragaje ko abantu 515 bamaze gusanganwa Ebola kuva iki cyorezo cyatangira. Muri bo, abantu 91 bamaze guhitanwa n’iyi ndwara, mu gihe abandi 12 bamaze gukira.

Mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo, mu mpera z’icyumweru gishize ikibuga cy’indege cya Bunia, umurwa mukuru w’Intara ya Ituri, cyongeye gufungwa ku ngendo z’indege za gisivile nyuma y’igihe gito cyari kimaze cyongeye gufungurwa.

Ubutegetsi bwa gisirikare bushya bwashyizweho muri Ituri bwafashe icyemezo cyo kugabanya ingendo z’abaturage, zemerera gusa abakozi b’ubutabazi n’amatsinda y’abari mu bikorwa byo guhangana na Ebola gukomeza ingendo zabo, hagamijwe kugabanya umuvuduko w’ikwirakwira ry’iyo virusi.

Iki ni cyo cyorezo cya 17 cya Ebola cyibasiye RDC. Mu rwego rwo kwirinda ko habaho kongera kwisubiramo kw’ibyabaye hagati ya 2018 na 2020, igihe Ebola yahitanaga abantu barenga 2,000, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) rifatanyije na Afurika CDC ryatangaje gahunda ifite ingengo y’imari ya miliyoni 518 z’amadolari ya Amerika, angana n’arenga miliyari 750 z’amafaranga y’u Rwanda, yo gukomeza ibikorwa byo guhangana n’iki cyorezo kugeza mu Gushyingo uyu mwaka.