Ibisasu bya FARDC byahitanye abasivili muri Kivu y’Amajyepfo, abandi barakomereka bikabije

Ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo riravugwaho kugaba ibitero byahitanye abasivili ndetse abandi barakomereka mu bice bitandukanye bigenzurwa na AFC/M23 mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko, “Ku Cyumweru, tariki ya 7 Kamena 2026, hagati ya saa cyenda n’iminota 15 na saa cyenda n’iminota 50 z’umugoroba, ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zateye ibisasu mu turere dutuwe cyane twa Bidegu na Irundu.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko ibyo bitero byahitanye abasivili babiri b’inzirakarengane, ndetse abandi barindwi barakomereka bikabije, barimo abagore n’abana.

Guceceka no kutagira igikorwa imbere y’ibi byaha ngo bishishikariza gusa ubutegetsi bwa Kinshasa gukomeza amarorerwa no gushimangira politiki yabwo yo gutsemba ubwoko, nk’uko iri tangazo risoza ribivuga.