AFC/M23 yavuze ko nta yandi mahitamo asigaye!Ibyo yatangaje nyuma y’ibitero by’indege byateye impungenge

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahanganye mu mirwano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwongereye imbaraga mu bitero rukoreshamo indege zitagira abapilote zo mu bwoko bwa Kamikaze na KT-6, bikomeje guhitana inzirakarengane nyinshi z’abasivile.

Mu makuru agaragaza uko urugamba rwifashe kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Kamena 2026, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko kuva mu ijoro ryacyeye kugeza mu gitondo cyo kuri uyu munsi, uruhande bahanganye rwakomeje kugaba ibitero.

Yagize ati: “Ingabo zihurije hamwe z’ubutegetsi bwa Kinshasa zongereye ibitero byazo mu kirere mu bice bituwe cyane bya Gakenke, Bidegu na Mikenke muri Minembwe, zikoresheje indege zitagira abapilote za Kamikaze na KT-6.”

Muri iri tangazo, Kanyuka yavuze ko Ihuriro AFC/M23 rimaze iminsi ritanga umuburo ko, niba uruhande bahanganye rukomeje ibikorwa nk’ibi, ruzahura n’akaga gakomeye.

Ati: “AFC/M23 yongeye gushimangira ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwari bwaraburiwe ku mugaragaro ingaruka zikomeye z’ibi bitero bikomeje, bikomeje kubiba urupfu, gusenya imitungo y’abaturage no gutera abaturage ibihumbi n’ibihumbi kuva mu byabo.”

Kanyuka yavuze kandi ko yaba Abanyekongo ndetse n’umuryango mpuzamahanga bari baratanze uyu muburo, ariko uruhande bahanganye rukaba rukomeje kuwurengaho, ku buryo ngo nta kindi gisigaye uretse kuba AFC/M23 igiye kurusubizanya imbaraga nyinshi.