Inyeshyamba za AFC/M23 n’ingabo za FARDC zifatanyije na Wazalendo, zirimo guhangana mu mirwano ikomeye yatangiye kuva ku Cyumweru nijoro kugeza kuri uyu wa Mbere, tariki ya 1 Kamena, mu gace ka Buhimba gaherereye muri Teritwari ya Masisi, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Amakuru aturuka muri ako gace, yatangajwe na ACTUALITE.CD, avuga ko imirwano yatangiye ahagana saa tanu z’ijoro ku isaha yaho, ikaba yarimo gukoresha intwaro ziremereye n’izoroheje. Kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, iyo mirwano yari igikomeje muri Buhimba.
Ayo makuru kandi agaragaza ko ihuriro ry’ingabo za guverinoma ari ryo ryagabye igitero ku birindiro by’inyeshyamba za AFC/M23 muri ako gace ko mu Murenge wa Osso Banyungu.
Biravugwa ko FARDC n’abafatanyabikorwa bayo bari mu bikorwa byo kugerageza gusubiza inyuma no kwirukana abarwanyi ba AFC/M23 muri Buhimba.
Iyi mirwano ije ikurikira indi yabereye muri Kibati, muri Teritwari ya Walikale, aho impande zombi zimaze igihe zihanganye kuva mu ijoro ryakeye.
Amakuru ava muri utu duce twombi agaragaza ko umutekano ukomeje kuba muke, mu gihe ibikorwa bya gisirikare bikomeje gufata indi ntera hagati y’impande zihanganye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
