Kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Gicurasi 2026, saa 07:35 za mu gitondo, ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa ryagabye ibitero bya bombe bivugwa ko bitarobanura ku gace gatuwe cyane ka Rumangabo ndetse no ku nkambi y’abashinzwe kurinda Parike y’Igihugu ya Virunga, rikoresheje indege zitagira abapilote z’intambara zo mu bwoko bwa CH-4.
Mu itangazo rya AFC/M23 rikubiyemo amakuru mashya ava ku rugamba, yavuze ko ibyo bitero byahitanye abantu, bikagira n’ingaruka zikomeye ku baturage b’abasivili ndetse bikangiza amazu n’imitungo y’abaturage.
AFC/M23 yavuze ko nk’uko byagenze mu mujyi wa Rubaya, ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa zakajije umurego mu bitero bigabwa mu bice bituwe cyane birimo Kalingi, Bidegu, Gakenke, Rugezi, Kalonge na Mikenke muri Minembwe, aho ngo hakoreshejwe indege zitagira abapilote za kamikaze na KT-6.
Nk’uko iri huriro rikomeza ribivuga, ibyo bisasu byatangiye koherezwa ku wa Gatandatu tariki ya 23 Gicurasi 2026, saa 23:00 z’ijoro, bikomeza kugeza kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Gicurasi 2026 saa yine za mu gitondo, ibintu byashyize abaturage mu bwoba no kwiheba.
Muri Teritwari ya Kalehe na ho, AFC/M23 yavuze ko kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Gicurasi 2026 saa cyenda z’urukerera, ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero ku duce dutuwe cyane twa Cyangungu no mu nkengero zaho.
Iri huriro rivuga ko ibyo bitero byatumye abaturage benshi bahunga, ndetse bikangiza imitungo yabo n’imibereho yabo muri rusange.
