Mu gace ka Minembwe, gaherereye mu Ntara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ibintu bikomeje gufata indi ntera nyuma y’uko hagaragaye abasirikare benshi b’u Burundi berecyezayo bafite intwaro zikomeye.
Aya makuru yatangiye gukwirakwira kuri uyu wa Kane, nyuma y’uko abaturage n’inzego z’umutekano bo mu gace ka Bibokoboko, muri Segiteri ya Mutambala, Teritwari ya Fizi, babonye abo basirikare bakomeje urugendo rugana i Minembwe.
Amakuru ava muri ako karere avuga ko aba basirikare bagiye gufasha mu mirwano ikomeje guhuza umutwe wa Twirwaneho n’uwa AFC/M23, aho impande zombi zimaze igihe zihanganye mu misozi miremire ikikije Minembwe.
Ababonye abo basirikare bavuga ko bari benshi cyane, bamwe bagaragaza umunaniro w’urugendo rurerure, ariko bose bitwaje intwaro ziremereye n’ibikoresho bya gisirikare bihagije.
Bivugwa ko aba basirikare baturutse mu mujyi wa Rumonge mu Burundi, bambuka Ikiyaga cya Tanganyika berekeza ku nkombe za Congo, bagera mu mujyi wa Baraka mbere yo gukomeza urugendo rwabo banyuze mu misozi berekeza i Bibokoboko.
Umwe mu banyamakuru bakorera muri ako gace yavuze ko yabonye abo basirikare ari benshi, bamwe bananiwe, ariko bafite intego yo kugera i Minembwe no gufasha mu rugamba.
Andi makuru avuga ko bamwe muri bo bamaze gushyira ibirindiro mu bice bya Kagugu na Mutambala, mu gihe biteganyijwe ko hazongerwa ibirindiro mu duce nka Mulima, Kakenge, Point Zéro, Mukoko na Mikenge.
Uku kuhagera kw’izo ngabo gushobora kurushaho gukaza umwuka mubi muri Minembwe, ahamaze igihe harangwa umutekano muke n’imirwano idahosha.
