Tshisekedi yasuye urukuta rw’amarira, aha Imana ibyifuzo bye i Yeruzalemu

 

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, mu ruzinduko yagiriye muri Israel, yasuye urukuta ruzwi nka Mur des Lamentations (Urukuta rw’Amarira), aho yambaye akagoferi kazwi nka kippah nk’ikimenyetso cyo kubaha Imana, ndetse aranahasengera atanga ibyifuzo bye.

Uru ruzinduko rwabaye nyuma y’ubutumire yahawe na mugenzi we wa Israel, Isaac Herzog, rukaba rugaragaza umubano w’ibihugu byombi ndetse n’ubushake bwo gukomeza kuwushimangira.

Mu gihe yari muri Israel, Perezida Tshisekedi yasuye Urukuta rw’Amarira, ruherereye mu Mujyi wa Yeruzalemu, ahantu hafatwa nk’ah’ingenzi mu mateka n’imyemerere y’Abayahudi.

Uru ruzinduko kuri uru rukuta rw’amateka rwagaragaje kandi ubusobanuro bw’umuco n’amateka bisangiye, ndetse rushimangira akamaro ko guteza imbere ibiganiro n’imikoranire hagati y’amadini n’imico bitandukanye.

Mu biganiro yagiranye n’abayobozi ba Israel, Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo kurushaho guteza imbere ubufatanye mu by’ubukungu no mu zindi nzego zitandukanye.

Uru ruzinduko rutegerejwemo kandi gutanga umusingi w’amahirwe mashya kuri RDC mu bijyanye n’ubucuruzi, ishoramari n’imishinga y’ubufatanye na Israel.