Perezida Félix Tshisekedi uyoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akomeje guhura n’igitutu cya politiki nyuma y’itangizwa ry’ihuriro rishya ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ryiswe Coalition Article 64 (C64), rigamije guhatira uyu Mukuru w’Igihugu kuva ku butegetsi manda ye nirangira mu 2028.
Iri huriro ryatangijwe ku mugaragaro ku wa Kabiri tariki ya 19 Gicurasi 2026 mu murwa mukuru wa Kinshasa, mu muhango witabiriwe n’abayoboke benshi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi.
C64 yashinzwe n’abanyapolitiki bakomeye barimo Delly Sesanga, Martin Fayulu, Moïse Katumbi, Matata Ponyo na Jean-Marc Kabund. Bavuga ko intego yabo ari ukurwanya icyo bise umugambi wo gukomeza Félix Tshisekedi ku butegetsi binyuze mu guhindura Itegeko Nshinga.
Ibi bibaye nyuma y’uko Félix Tshisekedi aherutse gutangaza ko hari ingingo zimwe na zimwe z’Itegeko Nshinga rya RDC zikeneye kuvugururwa, ibintu byakanguye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko bishobora kuba inzira yo gushaka indi manda cyangwa kongera igihe cy’ubutegetsi bwe.
Mu itangazo ryasomwe na Nicolas Lenga mu izina ry’abayobozi ba C64, yavuze ko kuva tariki ya 19 Gicurasi 2026 hasigaye iminsi 852 ngo habe amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu 2028, ashimangira ko “isaha ya demokarasi itangiye kubara isubira inyuma”.
Yakomeje avuga ko manda ya Perezida Tshisekedi nirangira, agomba kuva ku butegetsi yaba habaye amatora cyangwa atabayeho, ndetse ko abaturage bagomba kwitegura kurwanya uburyo ubwo ari bwo bwose bwamufasha kuguma ku butegetsi.
Iri huriro kandi ryamaganye umushinga w’itegeko rya referandumu watangijwe n’umudepite Paul-Gaspard Ngondankoy, umaze kwemerwa gusuzumwa n’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko uwo mushinga ushobora gukoreshwa mu guhindura Itegeko Nshinga hagamijwe gufungurira Tshisekedi inzira ya manda ya gatatu.
Abayobozi ba C64 basabye abaturage ba Congo guhaguruka bakifatanya nk’umuntu umwe, bakarwanya umugambi uwo ari wo wose wo guhindura Itegeko Nshinga cyangwa gutegura manda ya gatatu.
Mu muhango wo gutangiza iri huriro, Martin Fayulu, Delly Sesanga na Jean-Marc Kabund ni bo bari bahari ku giti cyabo, mu gihe Matata Ponyo na Moïse Katumbi bo bari bahagarariwe n’abanyamabanga bakuru b’amashyaka yabo kubera ko batari mu gihugu.
