Imirwano ikomeye yongeye kubura hagati y’umutwe wa AFC/M23 n’ingabo za FARDC i Walikale

 

Imirwano ikomeye yongeye kubura hagati y’umutwe wa AFC/M23 n’ingabo za FARDC zifatanyije n’abarwanyi ba Wazalendo mu gace ka Katobo, gaherereye mu gace ka Kisimba muri Teritwari ya Walikale, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano n’abayobozi b’inzego gakondo muri ako gace avuga ko abarwanyi ba AFC/M23 baturutse mu duce twa Kalonge, Ihula na Rusamambu bagabye igitero mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki ya 20 Gicurasi, bashaka kwigarurira ibirindiro byari bifitwe na FARDC na Wazalendo.

Abaturage bavuga ko urusaku rw’imbunda ziremereye n’izoroheje rwumvikanye amasaha menshi kugeza ahagana saa cyenda z’amanywa ku isaha yo muri RDC, ibintu byateye ubwoba bukomeye abaturage bo muri Katobo no mu bice biyikikije.

Ubukana bw’imirwano bwatumye abaturage benshi bahunga berekeza mu mashyamba kugira ngo barokoke amasasu yavugiraga hafi yabo.

Amakuru ava muri ako gace akomeza avuga ko AFC/M23 yasubijwe inyuma igahungira mu birindiro byayo bya Kalonge, Rusamambu na Ihula, nyuma yo guhura n’ihangana rikomeye ry’ingabo za FARDC n’abo bafatanyije nk’ uko ikinyamakuru Actualite cd kibivuga.

Nubwo kuri ubu hatangazwa ituze ridasanzwe mu gace imirwano yabereyemo, Katobo iracyagenzurwa n’ingabo za leta ya RDC.

Bamwe mu basesenguzi bavuga ko AFC/M23 ishobora kuba iri kongera ibitero muri kariya gace ishaka kwisubiza ikiraro cya Mindjendje, kuri ubu kirinzwe n’ingabo za FARDC hamwe na Wazalendo.

Iki gitero kibaye nyuma y’amasaha make gusa indi mirwano ibereye i Chanjikiro muri ako karere, aho na ho AFC/M23 yasubijwe inyuma kugeza mu gace ka Ihula n’ihuriro rya FARDC na Wazalendo.

Gusa kugeza ubu ntacyo AFCM23 iratangaza kuri aya makuru arimo kuvugwa