Umutwe wa AFC/M23 ku wa Kane tariki ya 20 Kanama, wafashe uduce twinshi two muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu mirwano yongeye kubura hagati yawo n’ingabo n’imitwe irwana Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Amakuru aturuka muri uyu mutwe avuga ko wafashe uduce turimo Gashovu, Kabona, Kigali, Katugunda, Lemeka, Kadahandwa na Miruta.
Aya makuru yanemejwe n’umuyobozi w’ingabo za AFC/M23 ushinzwe ibikorwa bya gisirikare muri Masisi, Col. Nsabimana Mwengangabo Samuel, wavuze ko nyuma yo gutsindirwa mu mirwano, ingabo za FARDC n’imitwe yitwaje intwaro zifatanya na zo bahungiye i Biriko, mbere yo gukomeza berekeza muri Teritwari ya Walikale.
Masisi ni kamwe mu duce two muri Kivu y’Amajyaruguru tumaze igihe tuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 n’ingabo za Leta ya Congo zifatanyije n’imitwe ya Wazalendo ndetse n’izindi ngabo zifasha Kinshasa.
Mu mezi ashize, imirwano ikaze muri aka gace yakomeje gutuma abaturage bava mu byabo bahungira ahizewe ko hari umutekano.
AFC/M23 isanzwe igenzura ibice byinshi by’ingenzi muri Masisi, birimo Rubaya izwi cyane kubera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro buyikorerwamo.
