AFC/M23 yafashe ibice bitatu bya Masisi, FARDC na Wazalendo basubira inyuma

 

Abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 bafashe ibice bitandukanye muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru nyuma yo guhangana bikomeye n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zifatanyije n’imitwe ya Wazalendo.

Ibice AFC/M23 yafashe birimo Chingete, Katuunda na Miko. Abasirikare ba RDC na Wazalendo basubiye inyuma berekeza mu santere ya Mianda na Lulere.

Aho abarwanyi ba AFC/M23 bari ni mu ntera y’ibilometero bigera ku 10 ugana muri santere ya Biriko muri Gurupoma ya Waloa Loanda muri Teritwari ya Walikale.

Ingabo za Leta ya RDC, Wazalendo n’ababashyigikiye bafite ubwoba ko vuba AFC/M23 ishobora gufata ibice byo muri Walikale byegereye aho iri kugenzura ubu.

Abaturage benshi barahunze ubwo iyi mirwano yatangiraga tariki ya 18 Kanama, bamwe berekeza mu bice byo muri Waloa Loanda, abandi bajya mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Iyi mirwano iri kuba mu gihe ibiganiro by’amahoro bigamije guhagarika imirwano biri guhuriza abahagarariye AFC/M23 na Leta ya RDC mu Busuwisi.