Ibyabereye i Minembwe byateye ubwoba abaturage!Inka 28 zarashwe n’ibitero bya Drone

 

Mu ijoro ryakeye, ibitero by’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byibasiye ahitwa Gakenke, Kalingi na Bidegu muri Kivu y’Amajyepfo, bihitana inka nyinshi z’abaturage.

Umwe mu bofisiye b’umutwe wa MRDP-Twirwaneho urinda Minembwe, Col. Fidèle Rugabo, yavuze ko ibyo bitero byakozwe hakoreshejwe za drone.

Yagize ati: “Ingabo za Leta zikomeje kugaba ibitero muri Komini Minembwe iri mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo no mu nkengero zayo, zifashishije intwaro zirimo drones z’ubwiyahuzi.”

Yakomeje avuga ko kuri uyu wa Kabiri, drones za Leta ya Congo zarashe inka 28 mu gace ka Gitavi, maze abashumba bahungira mu mashyamba.

Yongeyeho ko mu cyumweru gishize abagore babiri bari bavuye mu murima bataha, drones zigera kuri zirindwi zabirukankanye zishaka kubarasa, ariko bakizwa no kwihisha mu ishyamba.

Ngo bavuyemo ahagana saa mbiri z’ijoro.

Rugabo yavuze ko kuri ubu, nta muturage ukigenda ahabona, kuko iyo ingabo za Leta zimubonye zitamurashisha isasu gusa; ati: “Iyo batamwoherereje drone, bamurasisha imbunda nini.”

Uyu musirikare yasobanuye ko ingabo za Leta zitera ibirindiro bya Twirwaneho ari na ko zirasa abaturage.

Kuri ubu, uko intambara ihindura isura ni na ko Kinshasa ihindura ubwoko bwa drone ikoresha, nk’uko Rugabo yakomeje abisobanura.

Andi makuru avuga ko hari ingabo zaraye zambutse ziturutse i Rumonge mu Burundi, aho ziteganyijwe kwiyunga n’izavuye i Bubembe, Fizi na Baraka.

Muri zo harimo batayo za Hibou na Special Force, abo bose bakaba biteguye kugaba igitero gihuriweho kigamije gufata Minembwe.