AFC/M23 ikomeje kwagura ibirindiro i Walikale, FARDC na Wazalendo bahangayitse

 

Kuri uyu wa Gatatu ushize, tariki ya 27 Gicurasi, habaye imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za AFC/M23 n’Ingabo za FARDC zifatanyije na Wazalendo, mu gace ka Misambo kari ku mupaka wa Gurupoma za Kisimba na Ikobo, muri Teritwari ya Walikale, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace yageze kuri ACTUALITE.CD abivuga, ngo abarwanyi ba AFC/M23 bagabye igitero gishya ku birindiro by’ingabo za leta mu rwego rwo gukomeza kwagura ibice bagenzura muri Walikale.

Guhera mu gitondo cya kare, abaturage bo muri ako gace bumvise urusaku rukomeye rw’intwaro ziremereye n’izoroheje, ibintu byateye ubwoba bwinshi mu baturage.

Kubera impungenge z’umutekano muke, biravugwa ko abaturage benshi bahise bata ingo zabo bahungira mu bihuru no mu bindi bice bibarinda kugwa hagati y’imirwano.

Iyi mirwano mishya ije ikurikira indi yabaye ku wa Kabiri tariki ya 26 Gicurasi, aho abarwanyi ba AFC/M23 bivugwa ko bigaruriye uduce twinshi turimo Ihula, Katobo na Mukohwa two muri Gurupoma ya Kisimba.