Mu gihe imirwano ikaze ikomeje hagati ya AFC/M23 n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) hamwe n’abafatanyabikorwa bazo, imwe mu ntwaro iri gukoreshwa cyane n’uruhande rwa Leta ni indege zitagira abadereva zizwi nka “Baba Yaga”.
Uruhande rwa AFC/M23 ntirusiba kuvuga ko ingabo za Leta zikoresha drones mu “kurasa buhumyi” ku basivile bo mu duce dutandukanye two mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru gishize, muri santeri ya Rubaya mu Teritwari ya Masisi no muri Rutshuru hagabwe ibitero byakozwe na drones, nk’uko AFC/M23 ibivuga.
Ku Cyumweru na bwo, mu masaha y’umugoroba, drone yarashe ku kibuga cy’indege cya Kisangani gikoreshwa na Leta ya Congo mu kugaba ibitero kuri AFC/M23.
Amakuru avuga ko icyo gitero cyari kigambiriye gusenya ibiro bikoreshwa mu kugaba ibitero bya drones z’ubwoko butandukanye, by’umwihariko izizwi nka “Baba Yaga” zaguzwe muri Ukraine.
Icyo gitero cyemejwe na Guverineri w’Intara ya Tshopo, Paulin Lendongolia Lebabonga, wavuze ko ikibuga cy’indege cya Kisangani cyarashweho bombe icyenda “n’umwanzi”.
Amakuru avuga ko muri icyo gitero hapfuyemo Majoro (Rtd) w’Umubiligi wari ushinzwe guhagurutsa drones, hamwe na Adjudant-Chef na we w’Umubiligi bakoranaga.
Iki gitero kandi cyasenye intwaro zo kurinda ikirere zirimo ZU-23-2 na ZSU-23-4 Shilka ifite radar, zari ziri kuri icyo kibuga.
Abahanga mu bya gisirikare bavuga ko Leta ya Kinshasa ikomeje gushora amafaranga menshi mu kugura intwaro mu bihugu bitandukanye, harimo Turkey yaguzemo Bayraktar TB2, mu Bushinwa hagurwamo CH-4, ndetse no muri Ukraine hagurwa drones za Baba Yaga.
Baba Yaga ni drones bwoko ki?
“Baba Yaga” ni izina rikoreshwa kuri drones nini zo mu bwoko bwa “hexacopter” cyangwa “octocopter”, zifite moteri esheshatu cyangwa umunani, zamamaye cyane mu ntambara ya Ukraine n’u Burusiya.
Izi drones zikunze kuba nini kurusha izisanzwe zifata amashusho, kandi munsi yazo hashyirwaho ibisasu, mine cyangwa grenade zikoreshwa mu bikorwa bya gisirikare.
Amakuru avuga ko izi drones zamamaye kubera ubushobozi bwazo bwo gukora nijoro, gutwara ibisasu biremereye no gutera ubwoba abasirikare bari ku rugamba bitewe n’urusaku n’imiterere yazo.
Izi drones zigurutswa n’abakozi babiri babihugukiye bari kuri “control station”, baba bahabwa amashusho n’amakuru y’ibyo zireba biva ku cyogajuru.
Zigira camera zisanzwe, camera zifata amashusho nijoro (infrared cyangwa thermal camera), GPS ndetse na sisitemu zo kohereza amashusho mu gihe nyacyo.
Mu buryo rusange, izi drones zimara mu kirere hagati y’iminota 30 n’amasaha 2. Iyo zitwaye imizigo iremereye zimara hagati y’iminota 20 na 60, mu gihe zitaremerewe cyane mu butasi zishobora kugera ku masaha 2.
Zimwe muri drones za Baba Yaga zishobora kugera ku muvuduko wa kilometero 80 mu isaha, zigakorera ku ntera ya hafi kilometero 20 ziri mu kirere.
Zifite ubushobozi bwo kugaba ibitero ku birindiro bya gisirikare, gusenya indaki n’imodoka z’intambara, gutega mine, gutanga amakuru y’aho umwanzi aherereye ndetse no gukora ibindi bikorwa byinshi ku rugamba.
Nk’uko Forbes ibivuga, “Baba Yaga” itwara ibisasu biyobowe hifashishijwe “semi-active laser guidance”, biyifasha kugera ku ntego neza kandi bikagorana kuyihusha.
Izi drones zifatwa nk’iz’urupfu, kandi zishobora kugaragara hifashishijwe camera zifata amashusho nijoro (night vision) cyangwa ibikoresho bifata ubushyuhe (thermal imaging sights).
Dmitry Rogozin, umusenateri w’Uburusiya wahoze ayobora NASA y’u Burusiya, yabwiye Forbes mu 2024 ko icy’ingenzi atari ukumanura drones za Baba Yaga gusa, ahubwo ari ukumenya aho abaziyobora bihishe kugira ngo bafatwe cyangwa bicwe.
Intambara yo hagati aho irimo drones z’amoko atandukanye n’imbunda ziremereye irakomeje muri Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.
