Kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Gicurasi 2026, ahagana saa saba n’iminota 20 z’amanywa, agace ka Kalenga gaherereye muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, kagabweho igitero cya drone cyavugishije benshi nyuma y’uko kivugwaho guhitana abasivili no guteza impagarara mu baturage.
Amakuru yatangajwe n’ihuriro AFC/M23 avuga ko iki gitero cyagabwe n’ihuriro ry’ingabo ziri ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa, rikoresheje drone yateye mu gace gatuwe cyane n’abaturage.
Nk’uko iri huriro ribivuga, iki gitero cyahitanye abantu benshi b’abasivili ndetse gituma abaturage benshi bata ingo zabo bahunga kubera ubwoba bw’umutekano muke.
AFC/M23 yavuze ko ibyo yise ibitero bitavangura bikomeje gushyira abaturage mu kaga gakomeye, cyane cyane mu bice bikomeje kuberamo imirwano hagati y’impande zihanganye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Mu itangazo ryayo, AFC/M23 yongeye gushimangira ko yiyemeje gukomeza kurinda abaturage b’abasivili no guhangana n’ibikorwa yavuze ko bihonyora uburenganzira bwa muntu bikorwa mu rwego rw’intambara iri kubera muri icyo gihugu.
Iki gitero kibaye mu gihe umutekano mu bice bya Masisi ukomeje kuba mubi, aho abaturage bakomeje guhura n’ingaruka z’imirwano imaze igihe hagati y’ingabo za FARDC n’umutwe wa AFC/M23.
