Agahenge kari kamaze gutangazwa hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran kongeye kuzamo kidobya katamaze n’amasaha make, ibintu byahise bizamura impungenge ku mutekano wo mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati.
Mu rukerera rwo ku wa Gatatu tariki 8 Mata 2026, Perezida wa Amerika Donald Trump yari yatangaje ko impande zombi zumvikanye ku guhagarika imirwano mu gihe cy’ibyumweru bibiri, Iran na yo yemera gufungura umuhora wa Hormuz unyuzwamo hafi 20% bya peteroli ikoreshwa ku Isi.
Gusa nyuma y’amasaha make, Iran yahise itangaza ko yongeye gufunga uyu muhora, ishingiye ku bitero Israel yagabye muri Liban ku mutwe wa Hezbollah usanzwe ufashwa na Iran. Ibyo bitero byahitanye abarenga 250, abarenga 900 barakomereka.
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko aka gahenge katareba ibikorwa bya gisirikare igihugu cye gikora kuri Hezbollah, mu gihe Iran yo ivuga ko byari mu byemeranyijweho.
Visi Perezida wa Amerika, J.D Vance, yemeje ko Iran yari yasabye ko Israel ihagarika ibyo bitero, ariko ntibyashyirwa mu masezerano.
Hagati aho, ubwato hafi 500 buracyategereje guca muri Hormuz, mu gihe ibiganiro bishya biteganyijwe kubera i Islamabad ku wa 11 Mata 2026, bishobora kugena icyerekezo cy’iki kibazo.
