NESA yasohoye itangazo ryihutirwa ku banyeshuri basoje ayisumbuye 2021/2022 bategereje amanota

Ikigo gishinzwe iby’ibizamini by’amashuri abanza, ayisumbuye n’ay’imyuga n’ubumenyingiro ndetse n’ubugenzuzi bw’ayo mashuri, NESA(National Examination and School Inspection Authority), cyashyize hanze itangazo rireba abanyeshuri barangije ayisumbuye mu mwaka wa 2021/2022.

Ni itangazo rivuga ko abanyeshuri biyandikishije badafite indangamuntu n’abiyandikishije bafite izirimo amakosa, ko bakwiye kwihutita kuzishaka no kuzikosoza kugira ngo bazabashe kureba amanota yabo, kuko amanota kuri ibyo byiciro azarebwa hifashishijwe nimero y’umukandida na nimero y’indangamuntu.

Igihe ntarengwa cyashyizweho cyo kuba bashatse ibyo byangombwa ni tariki 30 Ugushyingo 2022.

Uwamaze gukosoza indangamuntu ye, aha copi yayo umuyobozi w’ishuri yasorejeho kugira ngo abishyire muri School Data Management System (SDMS).

Itangazo rya NESA rigenewe abategereje amanota

Related posts

Bamwe mu basore bihenuye ku bakobwa badafite amafaranga ,icyo nticyaba imbarutso yo gutuma bagumirwa?

Ishyaka PS Imberakuri ryijeje abanya_ Gisagara ko nibaritora hazigishwa indimi nyinshi  zirimo ikidage

Kigali: Ukuri ku cyihishe inyuma y’inkongi y’umuriro idasanzwe yafashe Inyubako Makuza Peace Plaza igashya.