Abantu 10 bakoreye imibonano mpuzabits1na mu kivunge bahuye n’ uruva gusenya

 

Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yataye muri yombi abantu 10 basambaniraga mu kivunge muri komine ya Ngaba iherereye mu murwa mukuru, Kinshasa.

Umuyobozi wa Polisi muri Kinshasa, Blaise Kilimbalimba, yatangaje ko aba Banye-Congo barimo abagore n’abagabo bafatiwe mu cyuho ubwo basambanaga mu mu ijoro rya tariki ya 21 Kamena 2024.

 

Kilimbalimba yagize ati “Batawe muri yombi nyuma y’aho abaturage batabaje ko bari kubasakuriza. Polisi yabasanze bambaye ubusa nka Adamu na Eva. Tugomba guhagarika ibi bikorwa biri kwangiza Isi n’abana bacu, by’umwihariko i Kinshasa.”

Uyu mupolisi yasobanuye kandi ko muri iryo joro, Polisi yataye muri yombi abumvanga imiziki basakuriza abaturage, ifata ibikoresho bitanga umuziki birimo insakazamajwi 300.

Ati “Abumvanga imiziki batawe muri yombi, insakazamajwi zabo zirafatirwa. Abantu b’i Kinshasa bakeneye kubaho mu mahoro. Iyo umuziki urenze inkuta z’inzu iri gucurangirwamo, birabangama. Insengero n’abandi bagomba kubahiriza itegeko.”

Iki gikorwa cya Polisi gitangiye nyuma y’aho Umushinjacyaha Mukuru asabye abashinjacyaha gutangira gukurikirana abijandika mu busambanyi ndetse n’abateza urusaku. Ni icyemezo cyashingiye ku cyifuzo cya Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba.

Related posts

Rusizi: Umukobwa yabengewe ku murenge ,umusore yifuza murumuna we ko ari we uryoshye!

Mu mujyi wa Kigali mu Giporoso ibihabereye biteye ubwoba ku musore wasomye agacupa arangije atera ibuye mu modoka y’Abasirikare

Umugabo induru yayishyise ku munwa kubera ibyo yari amaze kubona ubwo yarimo akora urukundo rwo mu mashuka n’ umukunzi we mu ijoro rya mbere ry’ ubukwe bwabo