Abapolisi batatu bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bishwe mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 12 Kamena 2026, nyuma yo kurasirwa n’Ingabo z’u Burundi ku mazi y’Ikiyaga cya Tanganyika.
Aba bapolisi bishwe ubwo bari mu kazi k’irondo ku Kirwa cya Ubwari, ahitwa Mizimu muri Gurupoma ya Ubwari, nk’uko amakuru agera kuri Kivu Morning Post abivuga.
Biravugwa ko aba bapolisi babarizwaga kuri Komisariya ya Polisi yo mu Mujyi wa Baraka.
Amakuru kandi avuga ko undi mupolisi wa kane yakomeretse muri icyo gitero, akaba yahise ajyanwa mu Mujyi wa Baraka ku kigo nderabuzima kugira ngo ahabwe ubuvuzi.
