Umutwe wa FDLR wongeye kuvugwa mu mirwano iri kubera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’igihe gito uvuzweho kugirana n’ubutegetsi bwa Kinshasa amasezerano agamije gushyira intwaro hasi no gusubizwa mu buzima busanzwe.
Imirwano yadutse mu rukerera rwo kuri uyu wa 11 Kanama 2026, ibera mu bice bitandukanye bya Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, birimo Chambombo, Cyangugu, Kaziba de Rumbishi, Kwisimbi na Gafufura.
Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko ihuriro AFC/M23 ryahanganye n’ingabo za FARDC zifatanyije n’abarwanyi ba FDLR, abasirikare b’u Burundi, imitwe ya Wazalendo ikorera muri Kivu y’Amajyepfo ndetse n’abacanshuro b’abanyamahanga.
Impande zombi zakoresheje intwaro zisanzwe n’iziremereye.
AFC/M23 yatangaje ko iyi mirwano yagize ingaruka ku baturage, bamwe bagakomereka abandi bakahasiga ubuzima, mu gihe hari n’abahungiye mu bice bifatwa nk’aho hatekanye.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ibisasu byarashwe byagize ingaruka zikomeye ku baturage b’abasivili, birimo impfu, inkomere no kwangirika kw’imitungo yabo, ibintu byatumye imiryango myinshi ihunga ingo zayo kandi bikarushaho gukaza ikibazo cy’ubutabazi muri ako karere.
AFC/M23 yavuze kandi ko yamenyesheje umuryango mpuzamahanga ko izakomeza ibikorwa byo kurinda abasivili no gufata ingamba zo kubungabunga umutekano wabo, mu gihe ishinja ingabo za Leta ya RDC gukomeza kugaba ibitero mu bice iri huriro rigenzura.
