Yari yagiye kuyobora imyigaragambyo, agaruka avirirana!Ibyabaye kuri Fayulu byavugishije RDC

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC, Martin Fayulu, yakomerekeye mu myigaragambyo yabereye i Kinshasa, yari igamije kwamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga no gutegura referandumu ishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi.

Iyo myigaragambyo yari yateguwe n’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, ashinja Tshisekedi gushaka inzira yamufasha kuguma ku butegetsi nyuma ya manda ye ya kabiri igomba kurangira mu 2028.

Mu minsi ishize, Fayulu yari yahamagariye abaturage kwitabira igikorwa cyo kwigaragambya imbere y’Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko (Palais du Peuple) kugira ngo bagaragaze ko batemera ivugururwa ry’Itegeko Nshinga.

Amashusho ari gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga yerekana Fayulu wari wambaye ishati y’umweru yakomeretse mu mutwe ndetse anavirirana amaraso, mu gihe abamushyigikiye bageragezaga kumurinda inzego z’umutekano zashakaga kumufata.

Fayulu ni umwe mu banyapolitiki bakomeje kuvuga ko umushinga wo guhindura Itegeko Nshinga ugamije gufungurira Tshisekedi inzira yo kongera kwiyamamariza kuyobora igihugu, nubwo Itegeko Nshinga rya RDC riteganya ko Perezida atarenza manda ebyiri.

Mu kwezi gushize yavuze ko hari “igerageza ryo gukora ihirikwa ry’Itegeko Nshinga” binyuze mu mpinduka ziteganywa n’ubutegetsi buriho.

Mu gihe ubutegetsi bwa Tshisekedi buvuga ko impinduka ziteganywa zigamije kuvugurura inzego z’igihugu no guha abaturage ijambo binyuze muri referandumu, abatavuga rumwe na bwo bo bavuga ko ari umugambi ushobora gutuma Perezida akomeza gutegeka igihugu nyuma ya 2028.

Imyigaragambyo yo kuri uyu wa Gatanu yabaye mu gihe impaka ku ihindurwa ry’Itegeko Nshinga zikomeje gukaza umurego muri RDC, aho amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yiyemeje gukomeza ibikorwa byo kwamagana uwo mushinga.