Ihuriro AFC/M23 ryahakanye ryivuye inyuma ibirego by’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zarishinje kwicira abaturage 10 mu gace ka Kiseguru, muri teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ku wa 3 Kamena 2026, FARDC yasohoye itangazo rivuga ko ku wa 2 Kamena abo baturage biciwe mu gace ka Kiseguru, hafi ya Pariki y’Igihugu ya Virunga, muri groupement ya Binza, chefferie ya Bwito.
Muri iryo tangazo yavuze ko abo baturage bishwe n’abo yise “ibyihebe byo mu ihuriro RDF-AFC/M23”, yungamo ko hari abandi baturage batawe muri yombi bakajyanwa muri Gereza Nkuru ya Kanyangambi iri i Rutshuru-Centre, bashinjwa kuba abarwanyi ba FDLR.
AFC/M23 biciye muri Lawrence Kanyuka uyivugira, yahakanye biriya birego bya FARDC yagaragaje nk’ibidafite ishingiro, ivuga ko bifite intego za politiki.
Kanyuka yagaragaje ko ibyatangajwe n’igisirikare cya RDC biri mu bukangurambaga bwo gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma kugira ngo ubutegetsi bwa Kinshasa buyobye ibitekerezo by’abaturage n’amahanga.
Yagize ati: “Ibi birego ni ibinyoma, nta shingiro bifite kandi bifite impamvu za politiki. Biri mu mugambi wa Leta ya Kinshasa wo gukwirakwiza amakuru ayobya hagamijwe guhisha amakosa n’ibyaha bikorwa n’ingabo zayo n’abo bafatanya.”
AFC/M23 yavuze ko bitangaje kubona Kinshasa yigaragaza nk’irengera abasivile, mu gihe ingabo zayo zimaze igihe zikora ibikorwa bya gisirikare byashyize abaturage mu kaga.
Iti: “Biratangaje kubona Kinshasa ishaka kwiyerekana nk’umurinzi w’abasivile kandi ibikorwa bya gisirikare byayo byaragiye bituma abaturage bagabwaho ibitero by’ibisasu, indege zitagira abapilote n’ibindi bitero byahitanye abantu benshi ndetse bigatuma abandi bava mu byabo.”
AFC/M23 yavuze kandi ko ibi birego bishya biri mu buryo busanzwe bukoreshwa na Leta ya Kinshasa bwo guhimba inkuru zigamije guhisha ibyo yise kunanirwa gukemura ikibazo cy’umutekano no guhishira uruhare rw’ingabo zayo mu izamba ry’umutekano mu burasirazuba bwa RDC.
Uyu mutwe washimangiye ko ugikomeje kubahiriza amategeko mpuzamahanga arengera abasivile no gushaka umuti urambye w’ibibazo bimaze imyaka myinshi mu burasirazuba bwa Congo.
