Mu gihe abandi bari mu biganiro mu Busuwisi! Kinshasa yahise igaba ibitero bikomeye ku birindiro bya AFC/ M23

 

Nyuma y’uko hashyizwe umukono ku buryo bushya bwo gufatanya kugenzura iyubahirizwa ry’ihagarikwa ry’imirwano mu Busuwisi, ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwongeye kurenga ku byo bwiyemeje, bukomeza ibikorwa bya gisirikare mu bice bituwe n’abasivili.

Mu itangazo AFC/M23 yashyize hanze, yavuze ko mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 15 Mata 2026, hagati ya saa mbili n’iminota 15 z’ijoro na saa tanu n’iminota 45, ihuriro ry’ingabo zifatanyije n’ubutegetsi bwa Kinshasa ryagabye ibitero rikoresheje indege zitagira abapilote.

AFC/M23 ivuga ko ibyo bitero byibasiye Kalingi, Rugezi n’uturere tuhakikije, bikaba byahitanye abantu ndetse bikanangiza amazu y’abaturage.

Iri huriro ryasobanuye ko ibyo bikorwa bigaragaza ko ubutegetsi bwa Kinshasa businya amasezerano mu ruhame ariko bukayarenza ku ruhande, bukomeza politiki y’intambara n’iterabwoba.

AFC/M23 yavuze ko nubwo ikomeje gushyigikira inzira y’ibiganiro bya politiki nk’umuti urambye w’ibibazo byo mu Burasirazuba bwa RDC, ikomeje no guhura n’ibitero bya gisirikare.

Yongeye gushimangira ko yiyemeje gukomeza kurinda abasivili no gushaka umutekano uhamye, mu rwego rwo kubarinda ihohoterwa ivuga ko rikomeje gukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Aya makuru aje mu gihe impande zombi zatangiye ibiganiro bishya mu Busuwisi kuri uyu wa Mbere ushize, aho zari zanemeranyije gufatanya gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ihagarikwa ry’imirwano.