Inyeshyamba za AFC/M23 na Wazalendo zongeye guhangana mu mirwano ikaze yabereye i Buhimba, muri Gurupoma ya Waloa Yungu, Teritwari ya Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, kuva ku wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena 2026. Buhimba ni agace gafite akamaro kanini kuko gaherereye ku mupaka uhuza teritwari za Walikale na Masisi.
Amakuru yatangajwe na Actualite.cd avuga ko iyi mirwano yadutse nyuma y’igitero cyagabwe ku birindiro bya Wazalendo biherereye i Buhimba ku wa Gatandatu ahagana saa cyenda z’amanywa ku isaha yaho.
Nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’ubuyobozi bw’ako gace abivuga, urusaku rw’amasasu y’ibirwanisho biremereye n’ibyoroheje rwumvikanye mu ntera ndende, ibintu byateye impungenge abaturage bo mu duce duturanye n’ahabereye imirwano.
Abayobozi gakondo bavuga ko ubwoba bwafashe abaturage bo mu midugudu ikikije Buhimba, kuko batinya ko imirwano ishobora gukomeza gukwira no kugera aho batuye.
Mu cyumweru gishize, Buhimba yari yigaruriwe n’inyeshyamba za Wazalendo nyuma yo kwirukana abarwanyi ba AFC/M23 mu mirwano ikaze yari yabereye muri ako gace.
Kugeza ubu, umutekano ukomeje kuba muke muri kariya karere, mu gihe impande zombi zikomeje guhatanira kugenzura uduce twinshi two muri Teritwari ya Walikale, ibintu bikomeje gushyira abaturage mu kaga no kubatera impungenge z’ejo hazaza.
