Uwahoze ari Minisitiri muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Franck Mwe di Malila Apenela, ari mu ntumwa za AFC/M23 zitabiriye ibiganiro n’ubutegetsi bwa Kinshasa biri kubera mu Busuwisi.
Ibi biganiro byatangiye kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Mata 2026, bikaba biteganyijwe kumara iminsi itanu, aho impande zombi zitezweho kuganira ku bibazo by’umutekano n’inzira y’amahoro arambye mu burasirazuba bwa RDC.
Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Jeune Afrique, AFC/M23 yohereje intumwa 12 muri ibi biganiro, zirimo Franck Mwe di Malila Apenela ufite amateka akomeye muri politiki y’iki gihugu.
Apenela azwi cyane mu gihe cy’ubutegetsi bwa Joseph Kabila, aho yakoze imirimo itandukanye ikomeye muri Leta. Yabaye Minisitiri wungirije ushinzwe ubufatanye mpuzamahanga no kwihuza kw’akarere hagati ya 2014 na 2016, nyuma aza kuba Minisitiri wungirije ushinzwe igenamigambi hagati ya 2016 na 2017.
Kuva ku wa 10 Mata 2017 kugeza ku wa 9 Nzeri 2019, Apenela yari Minisitiri w’Ubukerarugendo, umwanya wamuhaye ubunararibonye mu miyoborere n’imikoranire mpuzamahanga.
Mu bandi bagaragaye muri izi ntumwa za AFC/M23 harimo kandi Claude Ibalanky Ekolomba, wahoze ari intumwa idasanzwe ya Perezida Félix Tshisekedi, na we ufite ubunararibonye mu bya dipolomasi.
Kuba aba banyapolitiki bafite amateka akomeye mu buyobozi bwa RDC bagaragara muri ibi biganiro, bikomeje gutuma benshi bibaza ku cyerekezo gishya cy’uru rugendo rw’amahoro, n’uruhare bashobora kugira mu kugera ku bwumvikane burambye hagati y’impande zihanganye.
