Masisi: Impungenge ku ifatwa ry’abasivile i Kalembe, M23 ivuga ko iri gukumira abakorana n’umwanzi

 

Umwuka ukomeje kuba mubi mu gace ka Kalembe, muri teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho abarwanyi ba AFC/M23 bakomeje guta muri yombi abasivile bakekwaho gukorana n’imitwe ya Wazalendo. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Mata, amakuru avuga ko byibuze abandi bantu batanu bafashwe, bituma umubare w’abatawe muri yombi mu gihe kitarenze icyumweru ugera kuri barindwi.

Amakuru aturuka mu baturage avuga ko bamwe mu bafashwe bazira kuba baragaragaje ibyishimo nyuma y’uko M23 ivuye mu duce tumwe twa Walikale nka Mpety na Minjenje, ibintu byafashwe n’uyu mutwe nk’ikimenyetso cyo gushyigikira abawurwanya, nk’ uko ikinyamakuru actualite.cd kibivuga.

Hari kandi abandi basivile babiri bo mu muryango umwe wafashwe mu bihe bitandukanye, bakekwaho isano n’umushoferi wa moto wagiye i Pinga, ahagenzurwa n’ingabo za Leta, nubwo uwo mushoferi we yahunze, abo mu muryango we ni bo bafashwe bashinjwa kuba bafitanye imikoranire n’ingabo za Leta.

Ku ruhande rwa AFC/M23, bamwe mu bayobozi bayo bavuga ko izi ngamba zigamije gukumira ibikorwa by’ubutasi n’imikoranire n’abarwanyi ba Wazalendo, bashinja guhungabanya umutekano w’uduce bafashe. Bavuga ko hari abantu bitwikira ubusivile bagakorana n’umwanzi, bigatuma bafata ingamba zo kubakurikirana.

Icyakora, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu iravuga ko ibi bifatwa nk’ifungwa rinyuranyije n’amategeko, rishingiye ku bikekwa gusa. Ivuga ko hari impungenge z’uko abasivile bashobora gukorerwa ihohoterwa cyangwa bakaburirwa irengero.