Yishwe n’ umugabo we amutwitse amuziza ko yanze gukuramo inda.

Hana Mohamed Khodor , Umudamu w’ imyaka 21 y’ amavuko yishwe n’ umugabo we amutwitse amuziza ko yanze gukuramo inda ku mpamvu umugabo yavuze ko iyo abyara uwo mwana byari ku mubera umutwaro ukomeye cyane.Aya mahano yabereye mu majyaruguru ya Tripoli mu gihugu cya Lebanon

Amakuru avuga ko uyu mugore wari usanzwe afitanye abana babiri n’ uyu mugabo , nyuma yo kubona ko umugore we atwite inda y’ amezi atanu yamusabye ko yayikuramo ariko umugore amubera ibamba.

Nyuma y’ impaka nyinshi no kutumvikana hagati y’ umugabo n’ umugore nibwo nyamugabo yahise atangira gukubita umugore we bigeraho amutwika ari nabyo byamuviriyemo urupfu nyuma yo kumara iminsi 11 ari mu bitaro.

Related posts

Abanyamulenge benshi barimo na Apostle Paul Gitwaza bari mu gahinda gakomeye , bitewe n’ urupfu rutunguranye rwabaye ku muntu w’ ingirakamaro

Umusore wigaga muri Kaminuza ya UTAB waburaga iminsi mike ngo amurike igitabo yishwe urupfu rubi

Byinshi ku kirungo cya Maggi kivugwaho gutera kanseri