Umusirikare wo muri FARDC wari ufite ipeti rikomeye yabonye twirwaneho irimo kubakubita umusubirizo ahita yiyunga nayo abandi bagwa mu kantu

Apostle Gitwaza hari icyo yavuze ku iyicwa rya Banyamulenge rikomeje kubakorerwa muri Congo

Amakuru Mashya umusirikare wo mu Gisirikare cya Congo FARDC yabonye Twirwaneho irimo kubakubita umusubirizo ahita yiyunga nayo abandi nabo bagwa mu kantu.

Ni umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Conel,akaba ari uwo mu bwoko bw’ Abanyamulenge witwa Mutebutsi Macyunda ,ni we witandukanije n’ igisirikare cya Repubilika ya Demokarasi ya Congo ,FARDC,yiyunga na Twirwaneho.

Nk’ uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga ngo Lt.Col.Macyunda yari akuriye batayo y’ ingabo za FARDC Kuwumugethi. Aka gace gaherereye muri Grupema ya Bijombo ahazwi nk’ i Ndondo muri teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’ Epfo.

Byabaje kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo,2025 nibwo uyu musirikare ufite ipeti rya Colonel yakiriwe muri Twirwaneho mu Bijabo,avuye muri FARDC ikorera muri ibi bice by’ i Ndondo ya Bijombo.

Macyunda agiye akurikira Major Mugemanyi na we uheruka kwitandukanya n’ igisirikare cya RDC ajya muri Twirwaneho. Si aba bonyine kuko hari n’ abandi benshi biyunze n’ uyu mutwe batorotse FARDC.

Related posts

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe

Perezida Ndayishimiye yavuze uburyo   yabaye mayibobo muri Tanzaniya, aza no kwiba mudasobwa

Umusore w’ i Nyamasheke yafashwe akekwaho gusambanya umwana w’ imyaka 4 agasigarana umwenda w’ imbere yari yambaye!