Umunyamakuru Sam Karenzi yavuze impamvu isekeje ubuyobozi bwa APR FC budacana uwaka n’Umunyamabanga wa FERWAFA Muhire Henry

Umunyamakuru ukunzwe mu gisata cy’imikino kuri Radio Fine FM, Sam Karenzi yavuze ko ubuyobozi bwa APR FC butumvikana na Muhire Henry kubera ko ari umufana ukomeye wa Rayon Sports.

Kuva ejo ubwo Rayon Sports yikuraga mu Gikombe cy’Amahoro, hari benshi mu bafana bagiye bavuga ko byatewe na APR FC yahamagaye Umunyamabanga wa FERWAFA bamusaba kunaniza Rayon Sports.

Mu kiganiro Urukiko rw’Ubujurire rw’Imikino cyo kuri uyu wa Kane tariki 9 Werurwe 2023, umunyamakuru Sam Karenzi yemeje ko ubuyobozi bwa APR FC butajya buvugana na Muhire Henry bitewe n’uko akunda gushyigikira ikipe ya Rayon Sports cyane.

Nyuma yo kuva mu gikombe cy’Amahoro, perezida wa Rayon Sports Uwayezu Jean Fidele yavuze ko mu gihe FERWAFA yabegera bakaganira noneho Rayon Sports ikabona ko bitababangamiye bazagaruka mu gikombe cy’Amahoro.

Related posts

APR FC irimo abakinnyi bashya yerekeje muri Tanzania ku ntego zo kwerekana ibyo imaze iminsi itetse

Umukinnyi mushya wa Rayon Sports yageze mu Rwanda, avuga ko ataje i Kigali “kubara amazu” [AMAFOTO]

EURO 2024: U Bufaransa bwasezereye Cristiano na Pepe imbokoboko, Mbappé yishimira kunywa umuti urura [AMAFOTO]