Operation yose y’itabwa muri yombi ry’ umuyobozi wa Sonarwa mu Rwanda

 

Kuri uyu wa 2 Ukwakira 2024,nibwo Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Ubwishingizi, Sonarwa General Insurance, yatawe muri yombi akekwaho kunyereza arenga miliyoni 117 Frw.

Uyu muyobozi witwa Rees Kinyangi Lulu wari umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’ Ubwishingizi, Sonarwa General Insurance, yatawe muri yombi ari kumwe na Aisha Uwamahoro wari usanzwe ari umucungamutungo muri Hotel Nobilis.

Aba bombi bashinjwa kunyereza amafaranga afitanye isano na Hotel Nobilis isanzwe ari iya Sonarwa.

Dr.Murangira B. Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB),yemeje itabwa muri yombi ry’ aba babiri ,Ati”Ni ukuri. Bakurikiranyweho kunyereza umutungo no gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro”.

Kugeza ubu dosiye yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha nubwo iperereza rikomeje.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruhora rusaba abantu kwirinda ibikorwa ibyo ari byo byose biganisha ku cyaha.Kandi ruhora rusaba abantu gukomeza gutanga amakuru ku bikorwa bigize ibyaha aho bigaragara.

Related posts

Igisikare cya Congo kirimo guhiga bukware Abasore ba Banyamulenge ni babe maso byakomeye!

Byabaye nk’ amateka Twirwaneho yafashe ikibuga cy’ Indege cya Minembwe FARDC ikizwa n’ amaguru.

Nyuma y’ uko Twirwaneho yemeje urupfu rwa General Rukunda Makanika, Abanyamulenge bazindutse bagabwaho Ibitero.