Niba nta mugati murye imyumbati _ Perezida Museveni

Umukuru w’ Igihugu cya Uganda Perezida Yoweri Museveni kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Gicurasi 2022, yatangaje ko abaturage barimo binubira izamuka ry’ ibiciro by’ imigati n’ ibura ryayo ko batanjyira kurya imyumbati ngo kuko nayo haricyo yabamarira.

Perezida Museveni yatangaje ko abaturage barimo binubira izamuka ry’ ibiciro by’ imigati n’ ibura ryayo ko batanjyira kurya imyumbati

Ibi umukuru w’ igihugu yabitangeje ubwo we n’ abayobozi batandukanye na baturage bizihizaga umunsi mpuzamahanga w’ umuriro.

Nk’ uko byagiye bitangazwa muri iki gihugu abaturage ngo kubera ihenda ry’ ingano ryatumye igiciro cy’ imigati kizamuka , bamwe bahagarika kuyirya.

Aba bantu rero batakirya imigati kubera iri zamuka ryayo Perezida w’ iki gihugu yabasabye kurya imyumbati, ngo kuko na we atarya umugati.

Yagize ati“ Niba nta mugati murye imyumbati , Abanyafurika muby’ ukuri barigora murinuba ngo nta mugati cyangwa ingano , ndabasabye ni murye imyumbati nanjye ntabwo ndya imigati rwose”.

Gusa ngo kubicuruzwa by’ ingenzi birimo ibikomoka kuri peterol n’ ifumbire mva ruganda , Perezida Museveni yabamenyesheje ko ari kuvugana n’ abo mu bihugu by’ Iburayi kugira ngo ikibazo cyabo gikemuke

Related posts

Ngo ntabwo barya! Umugore wa Kabila yanenze abasirikare ba Congo kubaga Inka ze none bakarenzaho no kuzirira mu rwuri rwe!

Nyuma y’uko leta ya Congo yanze gushyira mu gikorwa ibyo yaganiriye na M23, aba barwanyi bongeye kwigarurira Walikare

Ingabo za Congo zashatse guhengera Abanyamulenge mu munsi mukuru wa Pasika nabo basanga bari maso, babereka ko batojwe