Kenny Sol nyuma yo kwambika impeta umukunzi we, agiye gusezerana

Kuri uyu wa 5 taliki ya 05 Mutarama 2024, ku isaha ya saa munani z’amanywa umuhanzi Kenny Sol arasezerana imbere y’amategeko n’umukunzi we Kundwa Alliance Yvette bamaze igihe bakundana.

Ibi birori bikaba bigiye kuba nyuma y’aho byaraye bimenyekanye ko Kenny Sol yambitse impeta y’urukundo uyu mukunzi we. Mu mashusho uyu mukobwa yanyujije kuri Instagram yagagaye yambaye impeta ndetse aherekezwa n’amagambo avuga ati “yarabinsabye,….nange mvuga yego.”

Uyu muhanzi Kenny Sol Kandi aherutse gufata irembo ku ya 26 Ukuboza 2023 ubwo yarakubutse muri Canada gukora ibitaramo yarahafite.

Related posts

“Twari abo kugirirwa umujinya nk’abandi bose” Ibyo wamenya ku ndirimbo ‘Ubuntu’ yasamiwe hejuru

Ese koko Byiringiro Lague umukinnyi ngenderwaho mu ikipe ya Police FC koko yaba yarateye inda DJ Crush?

Inkuru iteye agahinda ya Nishimwe Consolée, yiciwe abavandimwe be,arasambanywa yanduzwa Sida muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994