Inkuru itari nziza kubanywa agasembuye imodoka yari itwaye inzoga yafashwe n’ inkongi y’ umurira mu buryo butunguranye

 

Imodoka yo mu bwoko bwa Bralirwa yafashwe n’ inkongi y’ umuriro mo gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 09 Ukwakira 2023.

Amakuru avuga iyi modoka yafashwe n’ inkongi y’ umuriro igeze rwagati mu mujyi wa Musanze hafi y’ isoko rya Goico, ngo yari yikoreye inzoga ivuye i Rubavu yerekeza mu Mujyi wa Kigali, igice cyayo cy’inyuma ni cyo cyafashwe n’umuriro wahereye mu mapine.

Amakuru dukesha Radio Rwanda avuga ko inzego zishinzwe kuzimya umuriro zahise zihagera zihangana n’iyi nkongi y’umuriro.Iki kinyamakuru cyavuze ko abatabazi batabaye hakiri kare ndetse ko mu bigaragara ibyangijwe n’iyo nkongi atari byinshi.

Mu mashusho yagiye hanze,yagaragaje iyo modoka iguruma mu gice cy’inyuma,abantu benshi baza kureba ibiri kuba cyane ko iyi kamyo yahiriye mu mujyi wa Musanze rwagati,Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze yahise itangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi nkongi.

Related posts

Bamwe mu basore bihenuye ku bakobwa badafite amafaranga ,icyo nticyaba imbarutso yo gutuma bagumirwa?

Ishyaka PS Imberakuri ryijeje abanya_ Gisagara ko nibaritora hazigishwa indimi nyinshi  zirimo ikidage

Kigali: Ukuri ku cyihishe inyuma y’inkongi y’umuriro idasanzwe yafashe Inyubako Makuza Peace Plaza igashya.