AFC/M23 yafashe Tushunguti nyuma yo kwirukana Wazalendo n’ingabo za FARDC

 

AFC/M23 yafashe agace ka Tushunguti gaherereye muri Groupement ya Ziralo, muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’imirwano ikomeye n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’imitwe yitwaje intwaro iyishyigikiye.

Amakuru ava muri ako gace avuga ko abarwanyi ba AFC/M23 bashoboye kwirukana abarwanyi ba Wazalendo n’abandi bari ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, maze bigarurira Tushunguti.

Tushunguti ni agace gafite akamaro mu buryo bw’umutekano kuko kari muri Ziralo, hafi y’umupaka uhuza Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Ni na hamwe hamaze iminsi habera imirwano ikomeye hagati y’impande zihanganye.

Ku wa 17 Kanama 2026, imirwano yari yongeye kubura muri Tushunguti, Katare, Nyamugari na Kivoka, mu gihe FARDC n’imitwe iyishyigikiye yari imaze iminsi igerageza kugarura ibice yari yaratakaje.

Raporo ya Critical Threats ivuga ko ku wa 18 Kanama AFC/M23 yafashe Tushunguti hamwe na Kashobo, Katenderi, Kivocat, Matutira na Mutale.

Ku wa 19 Kanama, uyu mutwe wakomeje kwagura igenzura muri Ziralo, ufata na Mianda, Charamba na Lulere, bityo Groupement ya Ziralo hafi ya yose iza kuba iri mu maboko yawo.

Ibi byabaye nyuma y’imirwano yamaze iminsi hagati ya AFC/M23 n’ingabo za Leta ya RDC zifatanyije na Wazalendo, aho impande zombi zari zisanzwe zihanganira kugenzura utu duce two mu misozi ya Kalehe.

Mu ntangiriro za Kanama, imirwano yari yarakomeye muri aka gace, ndetse amakuru y’abari ku butaka yavugaga ko FARDC n’abafatanyabikorwa bayo bari barigaruriye bimwe mu bice, mbere y’uko AFC/M23 itangira ibitero byo kubisubirana.

Radio Maendeleo yatangaje ko mu mirwano yo hagati ya tariki 15 na 16 Kanama, AFC/M23 yongeye gufata ibice birimo Lumbishi na Chambombo, mu gihe abaturage bo mu bice bitandukanye bahungaga.

Ifatwa rya Tushunguti rishyira AFC/M23 mu mwanya ukomeye muri Ziralo, ndetse rikongera igitutu ku bice biri hafi yayo, birimo Biriko muri Teritwari ya Walikale.

Muri Mata 2026, AFC/M23 yari yarigeze gufata Tushunguti nyuma y’imirwano na Wazalendo, ariko FARDC n’abarwanyi bayishyigikiye bongera kukigarurira nyuma y’iminsi mike.