Uvira: Twirwaneho yafashe Malimba na Rubarati byuma y’imirwano ikaze

 

Imirwano mishya yongeye kwaduka, kuri uyu wa 23 Kanama 2026, mu misozi ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho bivugwa ko abarwanyi ba Twirwaneho bigaruriye ibindi bice mu mirwano yabahuje n’ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa.

Amakuru aturuka mu nzego z’ibanze avuga ko imirwano ikaze yavuzwe mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru mu misozi ya Uvira muri Kivu y’Amajyepfo hagati y’inyeshyamba za Wazalendo zifatanyije na FDLR n’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho ubarizwa muri AFC/M23. Biravugwa ko izi nyeshyamba ziganjemo Abanyamulenge zafashe ibice bya Malimba na Rubarati.

Biravugwa ko imirwano ikomeye yabereye i Malimba, kuri axe ya Masango, aho ibirindiro bitatu byari bifitwe na FARDC (Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo) na Wazalendo byibasiwe n’ibitero byagabiwe icyarimwe n’ubwo hari andi makuru avuga ko inyeshyamba za Wazalendo ari zo zashoje imirwano.

Iyi mirwano ibaye nyuma y’amasaha make mu Busuwisi, hasojwe ibiganiro bishya hagati ya Guverinoma ya Congo n’Ihuriro AFC/M23 mu rwego rw’inzira y’amahoro ya Doha. Impande zombi zasuzumye intambwe imaze guterwa n’imbogamizi zijyanye no gushyira mu bikorwa uburyo buhuriweho bwo gukurikirana ihagarikwa ry’imirwano.

Isubukurwa ry’imirwano muri Uvira ryerekana itandukaniro rikomeje kugaragara hagati y’ibiganiro bya politiki n’imiterere y’ikibazo cy’umutekano gikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa Congo, aho leta n’imitwe yitwaje intwaro bikomeje kurwana nubwo impande zombi ziyemeje kenshi guhagarika imirwano.