Umutwe wa MRDP-Twirwaneho urengera uburenganzira bw’Abanyamulenge, watangaje ko wakubise incuro ingabo z’u Burundi n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zari zagerageje kwisubiza agasozi ka Ruhinamavi, gafatwa nk’ak’ingenzi mu rugamba rwo muri Kivu y’Epfo.
Ibi byemejwe n’Umuvugizi w’uyu mutwe, Colonel Rugabo Fidèle, mu butumwa yashyize hanze nyuma y’urugamba rukomeye rwahuje uyu mutwe n’abarwanyi barimo abasirikare b’u Burundi.
Colonel Rugabo Fidèle yagize ati: “Nyuma y’igerageza ryo kugarura umusozi wa Ruhinamavi i Mente, ingabo z’u Burundi na Kongo zatsinzwe burundu.”
Uyu muvugizi wa Twirwaneho yavuze ko uruhande bahanganye, mu kwihorera, rwarashe ibisasu ku Bitaro bya Minembwe no ku bindi bikorwa remezo bya Leta.
Yagize ati: “Twebwe (MRDP) twamaganye ibi bikorwa by’ubunyamaswa.”
Ihuriro AFC/M23 rikorana n’uyu mutwe na ryo ryatangaje ko uruhande bahanganye rwarashe ibisasu ku Bitaro Bikuru bya Minembwe, mu bice binyuranye birimo icyumba kivurirwamo abana, bikaba byarahitanye ubuzima bwa bamwe.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, mu itangazo rye, yasabye Abanyekongo n’Umuryango Mpuzamahanga kuvuga no kwamagana ibyo yise ibikorwa by’ubunyamaswa biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa.
